spot_img

Uyu mugabo yarazutse ahita atsindira za miliyoni muri tombora. Inkuru ye iratangaje cyane.

- Advertisement -

Uyu mugabo witwa Bill Morgan ubuzima bwe bwuzuye amahirwe atandukanye ndetse avanze nibyago, ariko inkuru ye nuyumva uraza gutangara cyane.

Uyu mugabo ubuzima bwe ku isi bwari kuba bwararangiye mu kwa gatandatu 1998, kandi koko uyu mugabo yarapfuye gusa yavuye mu buzima mu gihe cy’iminota 14, kubw’amahirwe abaganga bakoze ibishoboka bamugarura mu buzima. Ibi ni nyuma yuko Morgan yari afite uburwayi bukomeye bw’umutima ndetse bwaje no gutuma amara iminsi 14 muri koma (coma). Uyu mugabo nyuma yiyi minota 14 apfuye yaje kugaruka mu buzima ndetse kuva ubwo yahise ahabwa akazina k’igitangaza cy’abaganga.

- Advertisement -

Hashize igihe uyu azutse yakomeje kwiberaho ubuzima busanzwe maze umunsi umwe ubwo yari ari kwishimira ko yongeye kubaho, uyu yagiye muri tombola agura itike bashishura maze bagatombora, uyu akimara gushishura ikarita yahise atombora imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Corolla ifite agaciro k’ibihumbi 30 by’amadolari (arenga miliyoni 30 rwf). Ibi rero byatumye abanyamakuru bahurura umugabo aza kuba ikimenyabose. Kuva ubwo itangazamakuru ryose ryahise rimwerekezaho camera ndetse amenyekana ku isi hose.

- Advertisement -

Bidatinze uyu mugabo yaje kugaruka ku makuru cyane ubwo yatangaza ko yongeye gutombora bikino maze akaza gutombora ibihumbi 250 by’amadolari muri kasha (arenga miliyoni 250 rwf). Uyu mugabo mu byishimo byinshi yaragize ati: “mfite impungenge ko umutima ushobora kongera kumfata, kubera ibyishimo byinshi byuzuye no gutungurwa”

Morgan kuri ubu ufite imyaka 59 avuga ko ubuzima bwe yahuye n’amahirwe atagirwa n’abantu benshi ariko ashimangira ko nanubu akijya muri tombola nubwo burigihe atariko amahirwe amusekera.

Wowe waba warigeze ujya gutombora na rimwe?

 

- Advertisement -

Related Articles

- Advertisement -spot_img

Latest Articles