spot_img

Niho hantu habi ku isi, nta muntu n’umwe ushobora kuhamara iminota itanu. Irebere ibitangaje

- Advertisement -

Iyi si dutuye ni nini kuburyo ifite amayobera menshi yayobeye n’abahanga mu bya siyansi. Hari agace ku isi kananiye abantu bose ku buryo byamaze kwemezwa ko ari agace kabi cyane ku kiremwamuntu ndetse bikaba bizwi ko uramutse uhahagaze iminota itanu gusa wahita upfa.

Icyakora nubwo biri uko hari n’ibibi byinshi biba ku isi ariko ugasanga byaturutse ku bikorwa bya muntu rimwe na rimwe ibikorwa bidafite nicyo bimariye isi. Ibi ndabivuga kubera ko burya ikoranabuhanga rya mbere riba ku isi akenshi ribanza guca mu gisirikare ari nayo mpamvu usanga ibigendanye n’intwaro aribyo bintu bitera imbere ku isi buri kanya kurusha ibindi byose. Iyo bavuze intwaro kirimbuzi ntukagire ngo ni ugukabya inkuru, ahubwo ni ukuri ni ibintu biriho, izi ntwaro zizwi nka nikleyeri zitwa kirimbuzi ariko zikaba kirimbuzi neza iyo zikoreshejwe, iyo habayeho guturika.

- Advertisement -

Kuwa 26 Mata 1986 mu mujyi wa Chernobyl muri Ukraine habayeho guturika mu ruganda rumwe mu zatunganyaga ingufu za nikleyeri ngo zibyazwe amashanyarazi, uko guturika kwaturutse ku gakosa gato cyane katumye uruganda rwose ruhita rusenyuka ndetse abantu 30 ako kanya bahise bapfa. Byibuze iyo abo bantu baza gupfa bikarangirira aho ntacyo byari kuba bitwaye cyane, nyamara siko byagenze ahubwo nyuma yo guturika imirasire ikaze (radiations) yakwirakwiye mu kirere kitari icya Ukraine gusa, ahubwo byageze no mu bindi bihugu nka Sweden, Russia, na Belarus, ibyo byatumye ikirere cyandura cyane ndetse n’abantu bose bari batuye muri ako gace uruganda rwarimo bagenda bapfa gacye gacye bitewe niyo mirasire.

- Advertisement -

Uko kwandura kw’ikirere kwanateye uburwayi bukomeye abandi bantu benshi bagiye bapfa nyuma y’imyaka runaka mu bihe bitandukanye. Ingaruka zuko guturika zatwaye leta miliyoni zirenga 700 z’amadolari ngo ibintu bisubizwe mu buryo ariko hari ibyari byarenze umurongo, nko kuba ako gace uruganda rwarimo katarongeye guturwa n’ikinyabuzima icyaricyo cyose kuva ku bimera, inyamaswa, ndetse n’abantu kugeza n’ubu. Sibyo gusa, mu ruganda rwagati aho iturika ryabereye, hari ibinyabutabire bya Uranium byahise bishonga ariko biza kuvamo ikibumbe kinini kiruma, ntabwo cyumye ngo gituze ahubwo uko iminsi ishira kuva icyo gihe kigenda kiba uburozi bukaze ndetse kirekura n’ubundi imirasire ikaze kandi yangiza vuba.

Aka gace rero karimo iki kibumbe niko gafatwa nk’aka mbere kabi mu mibereho ya muntu. Bitewe niyo mirasire uhamaze iminota itanu gusa waba wamaze kubura ubuzima.

- Advertisement -

Related Articles

- Advertisement -spot_img

Latest Articles