spot_img

BURUSELI: Hadutse imyigaragambyo ikaze nyuma yuko Morocco itsinze Ububiligi.

- Advertisement -

Police mu gihugu cy’Ububiligi yataye muri yombi abantu babarirwa za mirongo nyuma yo kwifashisha ibyuka biryana mu maso ndetse n’amazi menshi kugirango itandukanye abigaragambya mu murwa mukuru wa Brussels ndetse no muwundi mujyi wa Antwerp.

Sibyo gusa kandi kuko nyuma yibi abandi bakoze imyigaragambyo yo gucana amatara y’imodoka ahantu hose, ndetse ahandi batwika ibinyabiziga ndetse izindi modoka barazimenagura, ibi rero byatumye hagira abakomereka bituma police yongera kuhagoboka ngo ibihoshe. Meya w’umujyi wa Brussels (Bruxelles) bwana Phillippe Close yasabye abanyu kuguma mu ngo zabo ndetse avuga ko ubuyobozi buri gukora ibishoboka ngo bugarure ibintu ku murongo.

- Advertisement -

Ibintu byabaye bibi kugeza naho zimwe mu nzira zifashishwa mu gutwara abantu n’ibintu zifunzwe. Uyu muyobozi yakomeje avuga ko abo bari gukora ibyo atari abafana ahubwo ari abategura imyigaragambyo, ariko kandi avuga ko hari n’abafana ba Maroc batari guteza ikibazo na kimwe ahubwo bari kwishimira intsinzi y’igihugu cyabo bavukamo. Si brussels gusa ahubwo no muyindi mijyi nka Antwerp na Liege hadutse imyigaragambyo ikaze cyane.

- Advertisement -

Mu gikombe cy’isi, ikipe ya Maroc yatsinze ububiligi ibitego 2-0 maze bituma ububiligi bujya ahabi mu itsinda dore bishobora no gutuma busezererwa butarenze umutaru. Kuri ubu Ububiligi buri ku mwanya wa gatatu n’amanota atatu, mu gihe Maroc inganya na Croatia amanota ane, naho Canada ikaba iyanyuma yamaze no gusezererwa.

 

Benshi ku mugabane w’uburayi bari biteze ko Ububiligi butsinda maroc nkuko bwabikoze kuri Canada, ariko ibintu byaje kugenda uko batabikekaga maze Maroc irabandagaza ku bitego 2-0

- Advertisement -

Related Articles

- Advertisement -spot_img

Latest Articles