spot_img

Byagenze bite ngo Juventus yamburwe amanota 15 yose?

- Advertisement -

Ikipe ya Juventus mu Butaliyani yakuweho amanota 15 muri shampiona y’Ubutaliyani muri uyu mwaka, ibi byaje nyuma yuko iyi kipe iri gushinjwa uburiganya bukomeye mu igura ndetse nigurisha ry’abakinnyi.

- Advertisement -

Nyuma yo gukurwaho aya manota Juventus yahise iva ku mwanya wa 3 yaririho ihita ijya ku mwanya wa cumi, kugeza abayobozi biyi kipe bavuga ko bagiye kujuririra uyu mwanzuro. Uretse ikipe ya Juventus kandi hari nabandi bantu kugiti cyabo bahanwe. Aha harimo nka Andrea Agnelli wahoze ari perezida wa Juventus akaba yarahawe igihano cy’imyaka ibiri atagaragara mu bikorwa by’umupira w’amaguru mu Butaliyani, harimo kandi Fabio Paratici kuri ubu uyoboye ibikorwa bya football muri Tottenham nawe akaba yahawe igihano cy’amezi 30 atagaragara mubikorwa by’umupira w’Ubutaliyani.

- Advertisement -

Ibi bihano ubwo byafatwaga byari ku rwego rw’Ubutaliyani, icyakora ishyirahamwe rya ruhago mu Butaliyani FIGC riri gusaba ko ibi bihano byarenga imbibi bikagera ku rwego rwa FIFA na UEFA kuburyo aba bantu bombi ntahantu bemererwa gukora ibijyanye n’umupira ku isi hose. Kugeza ubu FIFA na UEFA ntacyo baratangaza kuribi ariko uyu Paratici we aracyafite akazi ke muri Tottenham mu gihe hagitegerejwe umwanzuro mushya ushobora kuva muri FIFA.

Juventus ishinjwa gukora uburiganya bunyuranye burimo nko kuba abakinnyi bamwe na bamwe baragiye bagurwa ariko amafaranga baguzwe nyakuri ntabe ariyo yandikwa, ishinjwa kandi gukora andi manyanga anyuranye arimo nko kuba umukinnyi Cristiano Ronaldo yashoboraga kuba yaragihembwa niyi kipe rwihishwa ariko ibi bikaba ntaho bigaragara mubitabo by’ikipe.

Si ubwa mbere Juventus ihawe ibihano bikakaye kuko no muri 2006 iyi kipe yahamwe nibyaha byo gutegura uko imikino iri bugende ibi bizwi nka match fixing, icyo gihe iyi kipe yamanuwe mu cyiciro cya kabiri ndetse yamburwa ibikombe bimwe na bimwe yari yaratwaye n’amanota.

- Advertisement -

Related Articles

- Advertisement -spot_img

Latest Articles