spot_img

Uyu musore yemeza ko ikibuno cye kimaze kumukiza ubu akaba ari umuherwe.

- Advertisement -

Uyu munya Kenya wamenyekanye cyane ku mbuga zinyuranye nka tiktok yitwa Kelvin Kinuthia aherutse kuvuga ko kimwe mu bintu bimutera ishema ari ikibuno cye, uyu abishingira ku kuba mu buzima bwe bwose, ikibuno cye ngo aricyo kimaze kumwinjiriza agatubutse kurusha ikindi gice cy’umubiri icyaricyo cyose.

Kinuthia ukomoka muri Kenya ubwo yaganiraga n’ikinyamakuru Mpasho, umunyamakuru yamubajije igice cy’umubiri yemera kurusha ibindi. Nta kuzuyaza yahise avuga ati: “ntekereza ko nkunda ikibuno cyane kurusha ibindi byose, iki kibuno cyanyubakiye izina ndetse kinyinjiriza n’amafaranga menshi” uyu usanzwe yamamaza imyambaro y’abagore ndetse nibindi bikoresho bakoresha bashakisha ubwiza, avuga ko azakomeza aka kazi ke kuko agakunda cyane.

- Advertisement -

Wumvise yirata ikibuno wagira ngo ni umugore nyamara ahubwo ubusanzwe ni umugabo, gusa uyu nubwo afite igitsina cy’abagabo ku giti cye yitwara nk’umugore ndetse usanga yambaye imisatsi y’abagore, inzara ndetse akisiga nkibyo abagore bisiga na cyane cyane ko yamamaza imyambaro y’abagore ariko by’umwihariko uyu akaba ari umutinganyi. Kumurika imideli ndetse no kwamamaza imyambaro ni umurimo wakomeje kugarukwaho cyane nk’umwe mu yifashishwa mu kwamamaza ubutinganyi ku isi.

- Advertisement -

Uyu Kinuthia rero atangaza abantu cyane iyo ashimangiye ko afite ikibuno kimwinjiriza amafaranga menshi, kandi ubusanzwe ibi bizwi ku gitsina gore.

- Advertisement -

Related Articles

- Advertisement -spot_img

Latest Articles